Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Musanze:Ihuzanzira rya telefone rikomeje kuba ikibazo gikomeye

Thursday 17 July 2025
    Yasomwe na

Bamwe mu batuye mu nkengero z’umujyi wa Musanze baravuga ko ikibazo cy’ihuzanzira za Telefone (Network) zikomeje kuba ikibazo gikomeye.

Abaganiriye na Mamaurwagasabo tv basabye ko hakongerwa iminara kuko kubura itumanaho bibasubiza inyuma mu iterambere ryabo.


Muri aka gace ka Rukereza nta huzanzira rya telefone rihaboneka.

Niyibizi Didier yagize ati”Ikibazo cya network hano muri Rukereza kiratubangamiye, tumeze nk’abantu badatunze telefone ubu kugira ngo umuntu azampamagare ambone biragoye kandi murabona ko hano ari mu nkengero z’umujyi wa Musanze dukeneye ko bakongera iminota byibuze natwe tukajya dukoresha telefone.”

Undi muturage utuye mu murenge wa Muhoza usanzwe akora akazi kubu komisiyoneri yagize ati”Iyo nta tumanaho iterambere riba ryadindiye nkubu nkanjye nkora akazi ko kuranga inzu, ibibanza n’ibindi ariko hari gihe umukiriye akubura kuri telefone akazi ukaba uragahombye, hari nigihe umupangayi aza gutura hano muri aka gace yabura network akimuka akigendera, dukwiye gutabarwa bakatwongerera iminara hano mu bice bya Nyamagumba ukamanuka za Nkotsi hose na Muko. Muri Rukereza turi mu bwigunge bukabije pee.”


Niyibizi Didier Avuga ko kuba nta Network bibagora.

Aba baturage kandi bakomeza bavuga ko iki kibazo bakimaranye igihe kirekire ngo iyo bakeneye guhamagara barigora bakajya mu mujyi wa musanze ndetse ngo bageregeje gutakamba kuva kera ariko babuze igisubizo.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien yavuze ko agiye gukora ubuvugizi mu bigo by’itumanaho.


Barifuza ko muri aka gace hongerwa iminara.

Ati”Birasaba ko dukorana n’ibi bigo byitumanaho turebe ko bafasha aho hantu naho hakaboneka internet,cyangwa se na network ya telefone, urumva se wowe muri iki gihe wapfa kubona umupangayi wafata inzu itagira resaux koko, Murakoze tugiye gukora ubuvugizi”.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru