Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Serivisi zo kubaga abarwayi mu bitaro bya Ruhengeri zaguwe

Thursday 21 March 2024
    Yasomwe na


Nyuma yo kubura serivisi zinogeye abaturage zijyanye no kubaga abarwayi bikaba ngombwa ko boherezwa i Kigali n’ahandi, kuri ubu ibitaro bya Ruhengeri biherera mu karere ka Musanze byungutse inyubako nshya n’ibikoresho bishya byose byatwaye asaga miliyoni 400 y’u Rwanda.

Iyi serivisi yo kubaga abarwayi benshi mu gihe gito ije kuziba icyuho cyari kiri muri ibi bitaro bya Ruhengeri, bitewe nuko babagaga abarwayi batandatu ku munsi ariko kuri ubu ngo bagiye kujya bahereza serivisi zo kubaga abarenga 15 ku munsi babazwe n’abaganga batatu.

Umuyobozi w’ibitaro bikuru bya Ruhengeri, Dr Muhire Philibert yashimangiye ko izi nyubaka n’ibikoresho bishya byashyizweho bigiye kuba igisubizo ku bantu bagana ibitaro bya Ruhengeri by’umwihariko abakenera kubagwa indwara zitandukanye zirimo iz’uruhi n’amagahufwa.

Yagize ati: "Twari dufite imbogamizi z’ubushobozi buke bujyanye no kubaga ndetse no gutera ikinya hano mu bitaro bya Ruhengeri, ibi biratuma urwego ibitaro byatangagamo serivisi buzamuka ndetse turimo gukorana na Minisiteri y’ubuzima kugira ngo binajyanye n’umubare w’abaganga kuko dufite bake."

Yakomeje avuga ko gahunda yo kuvugurura inyubako z’ibitaro bya Ruhengeri ikomeje kunozwa buhoro buhoro ndetse ngo bizeye ko imibare y’abarwayi babagaga mu kwezi bagiye kwikuba inshurp ebyiri.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice yavuze ko izi serivisi zigiye kuba igisubizo ku buzima bw’abaturage ndetse ngo na gahunda yo kwagura ibitaro bya Ruhengeri izakomeza.

Yagize ati:"Iyi ni gahunda yo kwagura ibitaro bya Ruhengeri, ndetse turishimira ko serivisi za Churgie zibonye ahantu hagezweho, murabona ko abarwayi babyishimiye iki gikorwa natwe kandi nk’ubuyobozi twabyishimiye, turakomeza dukore ubuvugizi muri Minisiteri y’ubuzima kugira ngo abanganga biyongere b’ababahanga mubyo kubaga."

Yakomeje avuga ko bagiye no kujya bahugura n’abandi baganga baturutse ku bindi bitaro kugira ngo haboneke umubare munini w’abaganga mu byo kubaga.

Ni igikorwa cyakozwe n’ibitaro bya Ruhengeri ku bufatanye na Operation smile, ndetse ngo nta gihindutse kuvugurura ibindi bice by’ibitaro bigaragara ko bishaje hagakurwaho, izishaje ngo bizatangira mu kwezi kwa Kamena inyigo yamaze gukorwa.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru