Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Musanze: Umuturage yahitanywe na Gerenade arimo guhinga

Wednesday 28 June 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Mu karere ka Musanze, umurenge wa Nyange haravugwa inkuru y’urupfu rw’umuturage witwa Bazirake Laurent w’imyaka 75, wahitanywe na Gerenadeubwo ahinga mu murima.

Aya makuru yamenyekanye ku gica musi cyo kuwa kabiri tariki 27 Kamena 2023, aho uwo muturage yarimo guhingira umuturage witwa Bizimana, hanyuma iyo gerenade ihita imuturikana, imukomeretsa bikomeye amaguru n’amaboko, ajyanwa kwa muganga gusa byarangiye yitabye Imana kuko yari yamushwanyaguje.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara yAmajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza ku murongo wa Telefone twamuhamagaye turamwibwira hanyuma tumubwira icyo dushaka ko atubwira hanyuma adusaba ko tumuha ubutumwa bugufi akabitubwira bitewe nuko yari mu nama.

Kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ntacyo yari yakadutangarije, gusa dukomeje gukurikirana ibijyanye n’iyi nkuru kugira tumenye aho iyi Gerenade yaturutse.

Gusa amakuru atugeraho ngo nuko byagaraye ko iriya Gerenade yarimaze igihe kirekire mu butaka.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru