Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Musanze, umurenge wa Nyange haravugwa inkuru y’urupfu rw’umuturage witwa Bazirake Laurent w’imyaka 75, wahitanywe na Gerenadeubwo ahinga mu murima.
Aya makuru yamenyekanye ku gica musi cyo kuwa kabiri tariki 27 Kamena 2023, aho uwo muturage yarimo guhingira umuturage witwa Bizimana, hanyuma iyo gerenade ihita imuturikana, imukomeretsa bikomeye amaguru n’amaboko, ajyanwa kwa muganga gusa byarangiye yitabye Imana kuko yari yamushwanyaguje.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara yAmajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza ku murongo wa Telefone twamuhamagaye turamwibwira hanyuma tumubwira icyo dushaka ko atubwira hanyuma adusaba ko tumuha ubutumwa bugufi akabitubwira bitewe nuko yari mu nama.
Kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ntacyo yari yakadutangarije, gusa dukomeje gukurikirana ibijyanye n’iyi nkuru kugira tumenye aho iyi Gerenade yaturutse.
Gusa amakuru atugeraho ngo nuko byagaraye ko iriya Gerenade yarimaze igihe kirekire mu butaka.


















