Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, i Kigali humvikanye urupfu rwa Augustin Nyabutsitsi wabaye umwarimu wa Perezida Paul Kagame mu mashuri abanza.
Yitabye Imana ku myaka 79 azize uburwayi.
Amakuru dukesha The New Times, avuga ko Augustin Nyabutsitsi yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ugushyingo 2022 aho yari arwariye mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali mu Mujyi wa Kigali.
Uyu mwalimu yari aherutse guhura n’Umunyeshuri we, Perezida Kagame mu 2016.
Nyakwigendera yari asanzwe atuye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali aho yari yarahawe inzu n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame.
Nyabutsitsi yigishije Perezida Paul Kagame mu mwaka wa gatandatu n’uwa Karindwi hagati y’ 1967 n’ 1968 mu ishuri ribanza rya Rwengoro ryari mu nkambi y’impunzi muri Uganda aho bombi babaga nk’impunzi.


















