Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

NESA yemeye amakosa mu guha abanyeshuri ibigo isaba imbabazi

Wednesday 28 August 2024
    Yasomwe na

Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi by’amashuri, (NESA) Dr Bahati Innocent yemeye ko icyo kigo cyakozwe amakosa hashyirwa abana mu bigo by’Amashuri bikaba byarateje ababyeyi kwijujuta no kwibaza.

Mu minsi ishize nibwo ikigo NESA cyashyize hanze amanota y’ibyavuye mu bizamini by’abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye icyiciro cya mbere.

Ubwo yari live kuri Radio one, uyu wa 28/8/2024, Umuyobozi Mukuru mu Kigo cy ’Igihugu gishinzwe lbizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (National Examination and School Inspection Authority). Dr Bahati Bernard yasubije bimwe mu bibazo byateje impagarara mu babyeyi aho benshi cyane abafite abana biga mu mashuri yigenga, bavuga ko abana babo babohereje kwiga mu mashuri ya kure abandi barimo kugaragaza ko abana batsinzwe amasomo ya Siyasi ariyo boherejwemo gukomeza amashuri mu kiciro cyisumbuyeho.

Dr Bahati yemeye ko byashoboka ko byabayeho, asobanura ko byaturutse kuri system bakoreraho bohereza abana mu bigo by’Amashuri.

Urugero rw’umwana watsinzwe amasomo akomeye woherejwe gukomeza kuyiga

Yavuze ko icya mbere cyaheraho ari ko hashyirwa Abana mu bigo by’Amashuri bahereye ku bana biga bataha, aho benshi bashyirwa mu mashuri abegereye, abo batuye mu turere n’imirenge.

Ati: "Niyo mpamvu uyu munsi abayobozi bashinzwe uburezi mu turere twose tw’u Rwanda, abakozi bacu ba NESA, dufite inama idasanzwe aho tugiye gukosora amakosa yose yagaragaye; rwose ibyo bavuga birumvikana, batwihanganire n’abafite ibibazo byihariye badusange kuri NESA turabafasha."

Amanota y’ibyavuye mu bizamini bya Leta yatangajwe kuri uyu wa Kabiri, agaragaza ko mu mashuri abanza, abakobwa batsinze ku kigero cya 97%, mu gihe abahungu batsinze ku kigero cya 96.6%.

Mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, abahungu batsinze ku kigero cya 95.8% mu gihe abakobwa batsinze ku kigero cya 92%.

Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard, yavuze ko muri rusange imibare n’Ubugenge ari amwe mu masomo abanyeshuri batatsinze ku kigero gishimishije ugereranyine nuko ubushize bayatsinze.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru