BARAKAGIRA Batista ni umuturage utuye mu murenge wa Rwempasha akarere ka Nyagatare avuga ko ari umwe mu bashoye amafaranga mu kigo cyari kizwi nk’inzozi lotto maze ahahombera bikabije ubwo yatsindiraga million zigera kuri eshanu nyuma yo kwirya akimara.
Yagize ati "ndababwira nti se ayo mafaranga ko ari miliyoni eshanu n’ibihumbi ijana kandi nari nzi ko mu gihe cy’umwaka mu twishyura miliyoni esheshatu bimeze bite? Barambwira ngo hari imisoro bakataho ndabasubiza nti ibihumbi Magana acyenda byose baransubiza ngo ni imisoro, leta yazamuye imisoro niyo mpamvu barangije bampa amafaranga ibihumbi mirongo itatu ngo ni itike bati ngaho genda amafaranga uzayasanga kuri konte muri BK akaba ariho nafunguje konti, kuva icyo gihe batwishyuraga ku itariki makumwabiri n’umunani mu kwezi kwacu na kumwe nibwo banyishyuye ibihumbi magana atatu mirongo irindwi na bitanu, ntabwo banyitabaga no kubandikira ntabwo bagusubizaga.’’
Uyu muturage avuga ko kubera yakoresheje imitungo ashora mu nzozi loto ibyateje amakimbirane hagati ye n’uwo bashakanye.
Yakomeje agira ati "Bandiye menshi nta ntsinzi nabonyemo muri jack pot ntamahirwe nabonyemo, amahirwe nagize nuko nakinnye Sure deal nkaryamo, ni ukuvuga ngo inzego za leta iyi mikino kuba bayikina leta iba ibizi, niba rero iba ibizi ababikina ni abaturage bagomba kurenganurwa ibyo batsindiye bakabibona kuruta uko bibateza imbere kuruta uko wandindiza kandi ngewe naguhaye ibyawe nakubereye umukiriya mwiza nawe mbera umuboss mwiza kugira ngo umpe ayo natsindiye".
Twagerageje kuvugisha umwe mu bakozi bashinzwe guhemba bo mu nzozi loto gusa ntabyadukundiye. Ubuyobozi bw’akarere ntacyo buratangaza kuri iki kibazo.
Uyu muturage avuga ko yatsindiye million esheshatu bakamukata ibihumbi 900. Ndetse ko bagombaga kumwishyura nibura amezi atatu ariko bakaba basigaje abiri ari nayo yishyuza
HAKIZIMANA Fisto



















