Ni hagati mu isantire ya Humure aho twasanze hari gutunganywa ikimoteri gishya bigaragara ko bimuraga icyari giteje akaga, abaturage mu kubabaza uko bakiriye kuba bari kwimura icyimoteri cyari gihari bagaragaje ko ahubwo aribwo ikibazo kivutse ngo kuko noneho banageretseho bakazana ubwiherero mu marembo y’inzu zabo ibyo bavuga ko bibangamiye imibereho yabo.
MUHOZA Amina yagize ati ‘’ Turabangamiwe bikomeye urabona iyi toyi iri mu muryango nubwo ntafite kirengera cyangwa se kivuganira nawe urabibona y’uko biteje ikibazo, noneho reba ikimoteri ubu nibamara kumena imyanda bizajya biza mu rugo iwange reb iyo kiri amashashi ava hariya akaza mu mbuga none reba kiri mu nzu rwagati ubuse nakora iki?’’
Ni ikibazo abaturage bafuza ko bafashwa iki kimoteri ndetse n’ubu bwiherero birikubakwa aha byakimurwa mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abana babo.
Amina yakomeje agira ati ‘’ Ejo bundi baba bazanye ikimoteri ubu byatumyeinzu yange nyishyira ku isoko kuko nararebye nsanga sinzaturana n’ubwiherero ndetse n’ikimoteri ubu inzu namaze kuyishyira ku isoko kuko nasanze ntabishobora.’’
Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Nyagatare bwana Henry Kakooza avuga ko kuri iki kibazo hagiye kwigwa ku buryo iki kimoteri cyacukuwe ndetse n’ubu bwiherero bugashimangira ko ari abaturage ubwabo bacukuye icyo kimoteri.
Yagize ati ‘’ kuri iki kibazo abaturage bicukuriye ubwabo turaza kureba nidusanga biteje ikibazo aho bagicukuye twafata icyemezo gikwiriye, ubwiherero bwo bushobora kuba kumarembo ariko ntakibazo bwateza’’
Iki kibazo abaturage bavuga ko bagaragaje impungenge bafitiye ubu bwiherero zo guturana n’ubu bwiherero gusa bizezwa ko ari ikindi gikorwa kibazaniwe kizabafasha kwiteza imbere.
HAKIZIMANA Fisto.




















