Abaturage batandukanye bo mu karere ka Nyagatare baganiriye na Mamaurwagasabo.rw bagaruka kw’igenamigambi ryakozwe nabi hubakwa hangari ariko zikaba ziri gusaza ntacyo zikoreshejwe.
Abenshi bagaruka ku kuba ibi bikorwa birimo kwangirika gusa bitafite ubikurikirana.
Uwitwa Ukwizagira Jean Pierre yagize ati ‘’nubwo zihari intego yazo ntabwo ariyo barikuzikoresha kuko zaje bagira ngo abaturage bazihunikemo ariko nzagusanga n’uwateguye umushimga yagombaga no gusanga abagnerwa bikorwa kugira ngo bakaganira ku mushinga ugiye kujya aho hantu abaturage bakabanza bakwawiyumvamo ariko kubera batawiyumvisemo ntabihari rero nubwo uyu mushinga wateguwe ntacyo umwariye abantu kuko ntanyungu akibonamo, ni ikintu kiraho gusa ntigikoreshwa ntakintu kimaze muri macye’’.
Aba baturage bavuga ko ikibazo ari uko uwize uyu mushinga yawize nabi bikaba byarateje igihombo reta Kandi amafaranga yazitakayeho yakabaye yarakoze ibindi.
Marie Loise Mukazayire yagize ati ‘’ iyi nzu iyo urebye ubona rwose inkigo yarateguwe nabi kuko imyaka imaze hano ntakintu yinjiza urabona n’ariya mabati uburyo yabaye yarabombaguwe bayateyeho amabuye abana birirwa bayakiniraho ikizu ni ukwirirwa bagishiraho umwanda buriya ibikorwa byakozwe hano hantu urebye usanga hari abo byari bugirire akamaro igishoro cyagiye hariya bifashije abantu benshi ntabwo habuze nk’abantu batishoboye barikuba bafashije kandi bakaba ubu muri iki gihe bariho neza ariko kuba iri hariya icyo bayiteguriye ntabwo byigeze bigerwaho’’.
Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Nyagatare; Kakooza Henry avuga ko hangari zikora ariko gusa mu gihe cy’isarura.
Yagize ati ‘’ ahubwo ikibazo tugira tugira nkeya buriya izo bavuga zidakoreshwa rimwe na rimwe biterwa na gahunda iri aho ngaho nk’ubu wenda ugeze muri hangari aho bahinga umuceri uzasanga ntacyo zkoreshwa kubera ko bari kugana ku musozo wo gusarura ahubwo kuzubakiwe ibigori inkinshi ntabwo zirakoreshwa kuko gusarura ibigori ntabwo biratangira rero kugeza ubu ngubu ikibazo dufite ni hangari zidahagije’’.
Nyagatare ni kamwe mu turere tugira umusaruro mwinshi cyane w’ubuhinzi bityo kubaka izi hangari bikaba byari mu rwego rwo kwita ku musaruro ariko uyu munsi ntamuturage uzigana bitewe n’uko abaturage bagira impungenge y’uko umusaruro wabo wahibirwa .
HAKIZIMANA Fisto




















