Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

NYAMASHEKE: BATEYE ABATURANYI BABO BICA UMUGORE UMUGABO AJYA MURI COMA

Monday 11 March 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na Pierre Imfurayabo
Iburengerazuba – Mu ijoro ryakeye muri centre ya Kirambo mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo hari amakuru y’uko umugore afatanyije na bamwe mu bavandimwe be babiri bateye urundi rugo bakica umugore waho bamukubise bakanakubita umugabo we bikomeye kugeza agiye muri coma.

Biravugwa ko uyu mugore ari we wayoboye icyo gitero ku rugo rwa Ntakirutimana Jean, ndetse ubu akaba yafatanywe n’abo babikoranye bagafungwa. Imiryango yombi ngo yari isanzwe ifitanye amakimbirane.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanjongo yabwiye Umuseke ko uru rugomo n’ubwicanyi byabaye saa yine z’ijoro aho abantu batatu bateye uru rugo baturanye bakica umugore waho n’umugabo we Ntakirutimana bagasiga ari muri Coma.

Amakuru agera ku museke avugako uyu mugore bamwishe bamuteraguye ibyuma.

Inama y’umutekano yahise iterana muri iki gitondo
Ntakirutimana ngo yari ajyanye umwana hanze gato maze aba bagizi ba nabi bahita binjira mu nzu idakinze.

Umuyobozi w’Umurenge ati: “Ntakirutimana yinjiye mu nzu agerageza kurwana nabo nawe baramukomeretsa ajya muri comma abaturage baduhuruje tujyayo tumujyana kwa muganga ariko umugore we byari byarangiye”.

Muri iyi centre muri iki gitondo hahise hakorana inama y’umutekano yarimo abayobozi bavuye no ku karere n’ab’ingabo na Police kuri ubu bwicanyi bwaraye bubaye.

Muri iyi nama abaturage batanze amakuru ko iyi miryango yari ifitanye amakimbirane.

Bamwe mu baturage babwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko umugore ushinjwa muri ubu bwicanyi atarangwa n’imyitwarire myiza, ngo amakimbirane bari bafitanye ashingiye ku makuru yatanzwe n’uyu wishwe kuri mugenzi we ubu ukekwaho kumwica.

Umwe mu baturage witwa Ndagije yabwiye Umuseke ko uyu mugore wishwe kenshi yatangaga amakuru mu Isibo y’Umudugudu wabo bityo ntibyashimisha mugenzi we ahigira kuzamwica afatanyije na bene wabo.

Kugeza ubu umurambo w’uyu mugore wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kibogora ari naho umugabo we ari kuvurirwa ibikomere.

Inkuru y’umuseke

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru