Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ategereje kwakira Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, kuri uyu wa Gatatu muri White House, mu gihe umwuka mubi ukomeje kuzamuka mu Burasirazuba bwo Hagati, n’ibiganiro bigamije kugabanya gahunda ya Iran yo gutunganya intwaro za kirimbuzi bigeze ahakomeye.
Netanyahu yavuze ko aza kugeza kuri Trump uko Israel ibona ibiganiro biri kuba hagati ya Washington na Tehran, ashimangira ko amasezerano ayo ari yo yose agomba guhagarika Iran kongera ubutare bwa uranium no kuyibuza gukomeza gutera inkunga imitwe nka Hamas na Hezbollah.
Iran yo yatangaje ko itazagabanya igipimo cya uranium itunganya keretse ibihano by’ubukungu byafatiweho bikomorewe.
Uruzinduko rwa Netanyahu rubaye urwa gatandatu agiriye muri Amerika kuva Trump yagaruka ku butegetsi, ibintu bigaragaza ubucuti bukomeye hagati y’aba bayobozi bombi. Ni mu gihe Amerika yakomeje kongera ingabo zayo mu karere, Trump akavuga ko ashobora kohereza indi ndege y’intambara (aircraft carrier) mu Burasirazuba bwo Hagati.
Abasesenguzi bavuga ko Israel ifite impungenge ko Amerika ishobora kwemera amasezerano adakumira burundu gahunda ya misile za Iran cyangwa inkunga iha imitwe yitwaje intwaro.
Ibi bibaye kandi mu gihe Israel na Hamas bakomeje ibiganiro ku cyiciro gikurikiraho cy’amasezerano yo guhagarika imirwano muri Gaza, nubwo impande zombi zikomeje gushinjanya kutubahiriza ibyo zumvikanyeho.
Yvette NIYIGENA


















