Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Anthoine Tshisekedi yatangaje ko ubu nta mugambi wo gutera u Rwanda agifite, ahubwo ko ashyize imbere inzira z’ibiganiro, mu guhosha intambara imaze iminsi ihanganishije igisirikare cya RDC hamwe n’abari kugifasha mu kurandura n’umutwe w’inyeshyamba wa M23.
Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane, Tshisekedi yabaye nk’uwisubiraho ku mvugo yaherukaga gukoresha, yo kuba yatera u Rwanda, ahora ashinja gushyigikira umutwe wa M23, ariko u Rwanda rukabihakana.
Yavuze ko agiye kuba ahagaritse ubushatse bwe bw’intambara.
Ati: "Ndashaka amahoro asesuye ku baturage banjye, ni yo mpamvu ku bw’ibyo niteguye kuba mpagaritse ubushake bwanjye bw’intambara kuko nshaka guha amahirwe amahoro."
Muri kino kiganiro kandi, Perezida Tshisekedi yongeye gushimangira ko adateganya kuganira n’umutwe wa M23.
Aha yagize ati: “Ni yo mpamvu ntashobora kuganira na M23. Kumvikana cyangwa ibiganiro ndabishaka, ariko ndabishaka gusa n’u Rwanda kuko ni rwo runshotora, naranabivuze mu nama i Addis Abeba, mbwira Kagame ubwe nti ‘ni wowe nshaka kukubona imbere yanjye mu biganiro’ kugira ngo mubaze ngo ‘ni iki mushaka ku gihugu cyanjye n’abantu banjye, kuki mukomeza iteka kwica abo dusangiye igihugu no gusahura imitungo y’igihugu cyanjye?"
Iyi ntambara ikomeje guhanganisha igisirikare cya RDC, FARDC hamwe nabo bari kumwe mu guhangana n’umutwe wa M23, yatumye abantu batari bake bava mu byabo, kandi uyu mutwe ukaba warasatiriye umujyi wa Goma, ndetse uranawugota.
M23 ivuga ko yabonye ko perezida Tshisekedi atagikozwa ibiganiro ahubwo yahisemo intambara bityo nabo bazaruhuka ari uko bageze i Kinshasa gukuraho ubutegetsi buriho bita ko butatowe n’abaturage, bwibye amajwi.


















