Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Ngoma: IBURA RY’UDUKINGIRIZO, IZINGIRO RYO KWIYONGERA KWA SIDA

Wednesday 3 May 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Habimana Chadadi

Abatuye mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma bavuga ko ibura ry’udukingirizo ari ryo zingiro ry’ubwiyongere bw’ubwandu bw’agakoko gatera Sida.

Uwitwa ko ahagarariye abakora uburaya muri ako karere witwa Uwabyeyi uzwi nka ’Kaka’ yabwiye itangazamukuru rya mamauRwagasabo ko hari igihe umuntu ukora uburaya akorera aho (atikingiye) kuko yabuze udukingirizo

Ati: "Ubuke bw’udukingirizo nibwo butera gukorera aho, akenshi usanga ku gasima tuba dufite ipaki imwe gusa".

Yakomeje avuga ko gukora uburaya we yitwa Uburangamirwa biterwa n’amikoro make.

Ati: "Twese twisanga mu buraya kubera amikoro make; turamutse tubonye igishoro twabuvamo".

Mu bukangurambaga buri gukorwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC, kivuga ko kiri kwibanda ku bakora uburaya kuko bari mu bibasirwa cyane.

Umukozi muri RBC mu gashami ko kurwanya Sida, Uwinkindi Ernest yatangarije abanyamakuru ko ibyo bakora ari imwe mu nzira ikomeye yanduriramo virusi itera sida.

Ati: "Abakora uburaya bandura Sida ku rwego rwo hejuru, niyo mpamvu turi muri ubu bukangurambaga kandi ntituzahagarara kubukora kugira ngo Sida igabanuke ndetse inacike".

Mu mibare itangazwa na RBC yerekana ko mu ntara y’Iburasirazuba ndetse n’Umujyi wa Kigali ariho kuri ubu hakigaragara ubwandu bushya ugereranije n’ahandi mu gihugu ari nayo mpamvu ariho hibandwaho muri ubu bukangurambaga.

Kuri ubu RBC iratanga udukingirizo ndetse inagira abantu inama zikurikizwa kugira ngo umuntu uwo ariwe wese atandura icyorezo cya Sida harimo kwifata, kwisiramuza, kudatizanya ibikoresho bikomeretsa n’ibindi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru