Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu borozi n’abahinzi b’icyayi bo mu Murenge wa Muhanda n’ahandi mu karere ka Ngorerero baravuga ko bakomeje kugorwa no kugeza umusaruro wabo ku isoko kubera ko imihanda bakoresha yangiritse.
Ibi babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Muhanda, aho yasanze binubira ko batagira umuhanda uborohereza kugeza umusaruro ku isoko, bagasaba ko wakubakwa.
Bizimungu Elise yagize ati: "Murabona ko uyu muhanda wuzuyemo ibinogo, kunyuzamo igare uhetse amata biragoye, ntabwo bitworohera kugeza umusaruro wacu ku isoko. Turasaba ko batwubakira umuhanda ujyanye n’icyerekezo Igihugu cyacu kirimo kuganamo."
Undi mworozi yagize ati: "Kuba tudafite umuhanda mwiza biratubangamiye rwose; ugera iyo ugemuye wakerewe bitewe no kugenda usunika igare muri uyu muhanda mubi.
Uzaribara Aloys ni umuhinzi w’icyayi muri Rubaya yagize ati: "Umuhanda hano ukunze gucika kubera ko iyo iteme ryacitse; ntabwo umusaruro wacu ugera ku isoko nkuko bikwiye kuko imodoka zibura aho zinyura kandi badufashije iyi mihanda igakorwa icyayi cyacu cyagera aho kigera cyitarangirika."
Aba bahinzi b’icyayi bakomeza bavuga ko hari igihe icyayi kigera aho gitunganyirizwa cyapfuye bitewe nuko imodoka zigenda zihererekanya mu nzira uwo musaruro kubera iteme riba ryacitse.
Mutabazi Jean Umuyobozi w’uruganda rwa Rubaya Tea Factory, rweguriwe abikorera muri 2016 rutunganya icyayi muri aka karere ka Ngorerero yavuze ko bakigorwa n’imihanda mibi, rimwe na rimwe ikaba imomeza kuba imbogamizi mu kugeza umusaruro ku isoko.
Yagize ati: "Mu kibazo gikomeye dufite gituma umusaruro utagera ku isoko neza ni ikijyanye n’imihanda yangiritse bitewe n’ibiza, kandi akarere kakoze ibyo gashoboye, yewe n’uruganda twakoze ibyo dushoboye mu gusana iyi mihanda, ariko kuba yasanwa ikaba myiza cyane bisaba ubundi bushobozi burenze ubwacu."
Umuyobozi w’Akarere ka Ngorerero Nkusi Christophe yavuze ko bakomeje gukora iyo bwabaga kugira ngo iyi mihanda izabashe kubakwa ngo kuko babifite muri gahunda.
Yagize ati: "Ikibazo kijyanye n’imihanda aba bahinzi n’aborozi bafite kirumvikana, turakizi kandi turi muri gahunda yo kuyikora , kuko hari abororeye mu nzuri za Gishwati babura uko bageza umusaruro wabo ku masoko bitewe n’umuhanda mubi kuko kugeza ubu ari 20% by’umukamo ugera ku isoko gusa."
Iyo ugeze muri iyi mihanda yegereye aba bahinzi n’aborozi, ahenshi usanga yaragiye yangirika bitewe n’inkangu ku buryo n’imodoka kuhanyura itwaye umusaruro biba ingorabahizi.


















