Abacuruzi b’inzagwa bo mu Murenge wa Matyazo ho mu karere ka Ngororero basigaye bajijisha bagacururiza inzoga zitemewe mu mugezi wa Rubagabaga, abaturage bagahamya ko ubuyobozi buba bubizi.
Igituma abaturage bahamya ko izi ngoza ziba zitujuje ubuziranenge ngo usanga ibijerekani baziterekamo byogerezwa mu mazi mabi y’umugezi.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo TV yagerega muri santere ya Rubagabaga yasanze hari abacuruzi b’inzagwa bazicururiza mu mugezi aho bavuga ko birwanyeho bitewe no kubura ahandi bakorera ubucuruzi bwabo.
Hakizimana Daniel yagize ati: "Dukorera hano kubwo kwirwanaho, murabona ko ari mu gishanga; byibuze leta idukoreye isoko rito ahantu hagutse hatari mu mugezi twakora twisanzuye, kandi uru rwagwa rugera mu turere twinshi tw’igihugu, bose nihano baza kurangura inzoga. Iyo imvura iguye usanga tuzanura bikaduteza akajagari kandi murabona ko turi benshi cyane."
Undi mucuruzi wazo witwa Niyiturinda Silvan yagize ati: "Inaha tugira ibitoki byinshi tukengamo urwagwa ariko ikibazo dufite nta hantu ho gukorera dufite, duhora dufite impungenge ko aya mazi ya Rubagabaga umunsi yaje ari menshi azadutembana, ubuyobozi butwubakiye ahandi tukava hano byadufasha."
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Bwana Nkusi Christophe yavuze ko bagiye gusura aba bacuruzi bakareba icyo gukora ndetse ngo nk’abayobozi bakwiye gukora ibishoboka byose bitashyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.
Ati: Turabasura turebe icyo gukora bave aho mu mugezi, burya ntabwo twarebera ibintu bishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga. Turaza kubikoraho vuba bajye bakorera ahantu hari (safe), hatekanye."
Iyo ugeze aho aba bacuruzi bizi nzagwa zigemurwa mu gihugu hose baba basukira ukemanga ubuziranenge bwazo bitewe nuko bafata ibijerekani bakabyogereza mu mazi mabi atemba ku buryo abakoresha izi nzoga ubuzima bwabo bushobora kujya mu kaga.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje


















