Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero mu mirenge ya Matyazo na Ngororero baravuga ko bakigorwa no gukora urugendo rurerure bagiye gushaka serivisi z’ubuvuzi kubera ko nta mavuriro bafite hafi yabo.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu tugari tumwe na tumwe tugize iyi mirenge bakifuza ko nibura bahabwa poste de sante zo kubafasha kwivuriza hafi.
Munyabitaro Faustin, utuye mu mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Kaseke yagize ati: "Rwose turi mu bwigunge kuko iyo umuntu arembye arwaye ajya kwivuriza muri vunga ,aho umuntu akoresha amasha atari munsi ya tatu , hari n’igihe twebwe abagabo duheka abarwayi mu ngobyi biratuvuna cyane , cyane ko tuba tugendera no mu mwijima ukomeye ducanye udutoroshi , turasaba ko baduha ivuriro hano muri uyu murenge wacu."
Undi muturage yagize ati:"Hari santere de sante yo kunyange hafi n’akarere ariko nayo iri kure cyane, mbese twasigaye inyuma nkuko mubibona tekereza kuva hano ukajya kwivuza ku itari bya shyira ugerayo wanegekaye , umukuru w’Igihugu niwe wadutabara akaduha ivuriro,hari Fascicomo ya Kiruruma aho dutega igare tugakoresha amasaha abiri biratugoye cyane."
Uwamahoro Beatrice yagize ati:" Ku bijyanye no kwivuza iyo umuntu arwaye baramuheka mu ngobyi bakamujyana muri Vunga, hari n’igihe ababyeyi babyarira mu nzira, ubundi hano hejuru ku kanyenyeri hari ivuriro ryadufashaga sinzi uko byagenze ntabwo bakihatuvurira , ubu bamwe bakora urugendo bakajya ku kiziguro, badufashije bakatwubakira ivuriro twagira imibereho myiza."
Visi Meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere ka Ngororero Bwana Uwihoreye Patrick ntiyemeranya nibyo aba baturage bavuga kuko ngo bitakunda ko buri kilometero cyashyirwaho ivuriro.
Yagize ati:"Kuri biriya bice byo hasi hari santere de sante ya Matyazo, Kugerayo ntabwo ibilometero bibiri byageramo, none se buri kilometero cyagira poste de sante...?..uva hariya ujya ku bitaro bya shyira nta bilometero km 3 birimo ,buri gasozi umuturage atuyeho ntabwo wagashyiraho ivuriro, iriya poste de sante bavuze yo ku kanyenyeri ikora gatatu mu cyumweru haza abaganga bo kwakira abaturage."
Bijyanye n’imitere yo muri aka gace katagira amatara n’imihanda myiza , abaturage barifuza ko bakwegerezwa ivuriro hafi ngo kuko uburwayi bufata budateguje, cyane nta n’imodoka baba bafite ku buryo ngo abagabo baba babaruhuye guhora bajya guheka buri munsi.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje





















