Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero, mu Mirenge ya Matyazo na Ngororero baravuga ko baheze mu bwigunge bwo kutagira umuhanda ubahuza n’akarere ka Muhanga bityo kugira ngo bajye gushaka serivisi ku biro by’Akarere babanza kuzenguruka.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri iyi mirenge isa nikiri inyuma mu bikorwa remezo, aho basaba ko bakubakirwa umuhanda ubahuza na Muhanga ndetse n’undi bajya bakoresha ubageza ku biro by’Akarere ka Ngororero.
Umwe muri aba baturage witwa Muhizi yagize ati: "Mudusanze hano mu murenge wa Matyazo ariko rwose turi mu bwigunge, urabona ko batwubakiye iki kiraro cya Rubagabaga na Satinsyi ariko nta muhanda muzima ukomeje, n’ubundi ugarukiye hano ntabwo ukomeje ngo ugere Ngororero mu mujyi; kugira ngo tujyeyo dukoresha inzira z’ubusamo, ubwo udafite imbaraga atega imodoka akanyura Musanze na Nyabihu."
Undi muturage witwa Nizeyimana Epiphanie yagize ati: "Mutuvuganire ku bayobozi tuzabone umuhanda uduhuza na Muhanga tujye duhahirana, ibaze kuba ugiye gushaka serivisi ku karere ukabanza kunyura za Vunga, bibabaje. Twabonye bubatse ibi biraro tugira ngo bazakomeza badukorera uyu muhanda wahoze kera ugera i Gitarama."
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana Uwihoreye Patrick yavuze ko imishanga yo gukora iyi mihanda bayigeze kure ndetse ngo bamaze no gusinyana kontaro n’abazayikora.
Yagize ati: "Ikibazo cy’ibikorwaremezo bijyanye n’imihanda ubu ngubu tuvugana ejo nibwo twasinyanye kontaro na kompanyi izayidukorera yaho bita mu Byapa, Muramba ,Gatega na Rubagabaga, ndetse hari n’undi muhanda mugari wa kaburimbo twitegura muri iyi minsi uzaduhaza na Musanze ukanyura Vunga ukagera na Ngororero, unyura ahongaho bakubwiraga. Kontaro yawo ya Feeder Road, kontaro yawo yasinywe ejo ugiye gukorwa."
Akarere ka Ngororero ni kamwe mu turere 7 tugize intera y’Iburengerazuba, imirenge ya Matyazo na Ngororero, nubwo uyu ariwo wubatsemo ibiro by’Akarere biracyagaragara ko hakiri uduce twasigaye inyuma mu bikorwa remezo, birimo imihanda n’amashanyarazi.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje




















