Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Ikigo cyo muri Nigeria gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge cyafashe ikiyobyabwenge cya cocaïne ifite agaciro ka miliyoni 278 z’amadolari y’Amerika.
Icyo kiyobyabwenge cya Toni 1.8 bagisanze mu bubiko bw’inyubako yagenewe guturwamo, mu Mujyi wa Lagos, akaba ari ubwa mbere muri icyi gihugu hafashwe ibiyobyabwenge bifite aka gaciro.
Polisi yavuze ko byagombaga kujya gucuruzwa mu Burayi na Aziya.
Ibi biyobyabwenge byafashwe nyuma y’imyaka myinshi hakorwa iperereza ndetse abantu bane bakaba bahise batabwa muri yombi bakekwaho kuba mu itsinda ry’abacuruza ibiyobyabwenge bamaze imyaka ine bashakishwa ku bufatanye n’inzego za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Uburengerazuba bwa Afurika ni kimwe mu bicumbi bya cocaïne ivanwa muri Amerika y’Amajyepfo igacuruzwa mu Burayi.
Muri Mata toni zirenge ebyiri za cocaïne zafatiwe muri Côte d’Ivoire naho izindi toni 9.5 zifatirwa muri Cape Verde.























