Yanditswe na Ntakirutimana Alfred
Musenyeri wa Diyoseze Gaturika ya Cyangugu Edward Sinayobye avuga ko kiliziya idashobora kwemera ubutinganyi kuko butari mubyo Imana yateganyirije abantu agashimangira ko uwo muco ari umwe mu byonnyi biri kototera umuryango.
Yabigarutseho kuri uyu wa mbere ubwo yashyikirizaga abapadiri ndetse n’abakirisitu bahagarariye abandi ibaruwa igaragaza ibikibangamiye umuryango.
Muri iyi baruwa uyu mushumba wa diyoseze ya cyangugu yanditse agaragaza ko mu bikibangamiye umuryango harimo n’ubutinganyi.
Avuga ko kiriziya Gaturika idashobora kwemera ubutinganyi kuko uwashinze gushyingirwa gutagatifu atateganyije gushyingiranwa hagati y’umugabo n’umugabo cyangwa umugore ku mugore.
Yagize ati: “Hari n’ibindi rero byateye hirya no hino ku isi bigenda natwe bitwotetera birimo ubutinganyi, nacyo ni ikibazo n’izindi ngeso mbi zose, gushakana kw’abahuje igitsina ntabwo biteganywa n’Imana niyo mpamvu twe nka kiliziya gaturika tutabyemera.”
Musenyeri Sinayobye akomeza ashimangira ko imitegerereze ya muntu atariyo yashyizeho ugushyingiranwa.
Yagize ati: ”imitekerereze ya muntu ntabwo ariyo yashinze gushyingiranwa gutagatifu ni Imana ubwayo yabishyizeho, niyo mpamvu natwe tutemera ubwiyandarike ubwo aribwo bwose; ubutinganyi no gushakana kwabahuje ibitsina. Mbisubiremo uwashinze umuryango ni Imana, yaragushinze (gushyingiranwa) iguha n’umuyoboro wabyo, ntabwo rero twebwe muri Kiliziya Gaturika twashyingira abahuje ibitsina kuko n’Imana ntabwo yabiteganyije ityo”
Mu minsi ishize ku mboga nkoranyambaga mu Rwanda abantu bari bacitse ururondogoro rutewe n’amabendera y’ubutiganyi yazamuwe kuri za ambasade zimwe na zimwe zirimo iy’u Bubirigi n’izindi, ibyakuruye impaka nyinshi mu banyarwanda bibaza niba u Rwanda nk’igihugu cyaba gishyigikiye ubutinganyi gusa kuri ibi ntacyo guverunoma y’ u Rwanda yigeze ibivugaho.


















