Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyabihu: Abayobozi mu nzego z’ibanze biyemeje gusigasira ibimenyetso byifashishwa mu butabera

Monday 29 September 2025
    Yasomwe na

Nyuma yo gusobanurirwa serivisi zitangwa n’Ikigo cy’ u Rwanda cy’ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera, Rwanda Forencic Institute (RFI) abayobozi mu nzego zibanze biyemeje ko bagiye kwigisha abaturage kutajya basibanganya ibimenyetso byifashishwa mu butabera.


Dr Innocent Nkurunziza Umukozi wari waje ahagarariye umuyobozi mukuru wa RFI utabashije kuboneka.

Ibi byagarutsweho ubwo iki kigo cya RFI cyakoraga ubukangurambaga mu bayobozi mu nzego zibanze bo mu karere ka Nyabihu ku bijyanye no gukomeza kongerera ubumenyi abaturage batarasobanukorwa imikorere y’iki kigo.

Sarah Muhawenimana ni Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rubaya mu murenge wa Mukamira.

Yagize ati”Ibyo dusobanuriwe ku mikorere ya RFI tugiye kubyigisha abaturage haba mu nteko n’ahandi kugira ngo ntibajye basibaganya ibimenyetso kuko ubu menye amakuru ahagije ni ukuyabyaza umusaruro.”

Twagirayezu Benon ni Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Birembo mu murenge wa Rambura yagize ati”Icyo nungutse nuko mbonye ko tugomba kubungabunga ibimenyetso nk’abayobozi ndetse n’abaturage, ikindi biradufasha kugabanya ibyaha bikorwa ugasanga ibimenyetso birasibanganye hano twize byinshi biratuma tujya dusigasira ibyo bimenyetso.”

Umukozi wa Rwanda Forencic Institute Dr Innocent Nkurunziza yabasabye kujya babungabunga ibimenyetso by’’ahabereye icyaha.

Ati”Ubutumwa dutanga uyu munsi nuko abantu badakwiye kujya basibanganya ibimenyetso kuko nibyo byifashishwa muri RFI, icyo tubifuzaho nuko ikimenyetso aho cyaba kiri hose cyabungabungwa kuko akenshi ni mwe mu nzego zibanze mugera ahabereye icyaha mbere y’inzego z’umutekano, rero mwigishe abaturage ko igihe bageze ahantu habereye icyaha ushyira uruziga cyangwa ukahakikiza amabuye.”

Serivisi zitangwa na RFI harimo gupima uturemangingo ndangasano (ADN), Gupima uburozi n’Ingano ya Alukoro mu maraso, ibiyobyabwenge n’ibinyabutabire, bapima inyandiko zigibwaho impaka n’ibikumwe, ibimenyetso bishingiye ku ikoranabuhanga, Gusuzuma inkomere n’imibiri y’abitabye Imana, basuzuma ibyahumanijwe na mikorobe ndetse bapima n’ibimenyetso by’imbunda n’amasasu.

Ubu bukangurambaga bwatangiye tariki 22 Nzeri buzageza kuri 31 Ukwakira 2025, ubu bukangurambaga bwiswe Sobanukirwa RFI buzibanda ku kumenyekanisha no gusobanura imikorere n’imitangire ya Servisi z’iki kigo, bazazenguruka mu turere twose tw’Igihugu.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru