Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu, mu mirenge ya Rambura, Mukamira na Jenda baravuga ko bahangayikishijwe n’ibura ry’umuriro riterwa n’abajura bitwikira ijoro bakiba insinga z’amashanyarazi.
Umwe muri aba baturage wirwa Sibomana Innocent, utuye mu kagari ka Jaba umudugudu wa Hesha, yagize ati: "Ikibazo cy’abajura kiraduhangayikishije, baraza bakiba insinga z’amashanyarazi tugasigara mu icuraburindi; ni ikibazo kitubangamiye cyane kuko mbere bari baje hariho insinga ebyiri none nazo ejo baraje barazitwara, turasaba ko mudukorera ubuvugizi."’
Undi muturage witwa Froduard yagize ati: "Turifuza ko iki kibazo cy’ubujura gifatirwa ingamba kandi ni ikibazo kimaze igihe kirekire. Nibura REG idukorere uburyo uwajya akoraho umurimo wamufata, byadufasha. Turabangamiwe cyane, ubu muri uru rusisiro rwose turi mu icuraburindi, bana gusubiramo amasomo ntibyashoboka, ubu sinacajinga telefone, izo zose ni ingaruka turi guhura nazo."
Aganira na mamaurwagasabo, Mutsindashyaka Martin, Umuyobozi wa REG, ishami rya Nyabihu yavuze ko iki kibazo bakizi, ariko kandi yasabye abaturage kujya bacunga neza ibyo bikorwa biba byabegerejwe.
Yagize ati: "Ikibazo turakizi kuko abaturage iyo babuze amashanyarazi baratubwira, kuko ntitwaha umuturage amashanyarazi ngo tujye no kuyarinda , ku byerekeranye no kuziba twebwe ntacyo twabikoraho gusa tubwira inzego z’umutekano ngo zikaze amarondo, kandi iyo bigenze bityo agura izindi nsinga tukazimwesitarira ntakiguzi tumwatse."
Nubwo ikibazo cy’ubujura bw’insinga gikomeje gufata indi ntera muri iyi mirebge, abaturage barasabwa kwicungira umutekano kugira ngo barusheho kubungabunga ibyo bikorwa remezo biba byaragezweho.
Amapoto ntaheruka amashanyarazi kubera abajura
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje




















