Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Nyabihu: Gitifu yatawe muri yombi azira ibigenewe abari mu kaga

Friday 13 October 2023
    Yasomwe na

Yandutswe na Ndayambaje Jean Claude

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu, Kabalisa Salom yatawe muri yombi akekwaho kunyereza asaga miliyoni 6 Frw yari agenewe kubakira abasenyewe n’ibiza.

Uyu muyobozi yatawe muri yombi tariki 11 Nzeri 2023 aho bivugwa ko akekwaho kunyereza amafaranga yari agenewe gusana inzu z’abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza n’aho undi ngo akayishyirira mu mufuka mu nyungu ze bwite zitari izabaturage.

Mu kiganiro umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yagiranye n’umunyamakuru wa Igihe yemeje aya makuru avuga ko uyu munyamabanga nshingwabikorwa yatawe muri yombi ndetse afungiye kuri Sitasiyo ya Mukamira mu gihe dosiye ye ikirimo gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Umurenge wa Rambura ni umwe mu Mirenge 12 igize akarere ka Nyabihu, uyu murenge wibasiwe n’ibiza mu kwezi kwa Mata muri uyu mwaka aho inzu nyinshi zasenyutse.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru