Yandutswe na Ndayambaje Jean Claude
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu, Kabalisa Salom yatawe muri yombi akekwaho kunyereza asaga miliyoni 6 Frw yari agenewe kubakira abasenyewe n’ibiza.
Uyu muyobozi yatawe muri yombi tariki 11 Nzeri 2023 aho bivugwa ko akekwaho kunyereza amafaranga yari agenewe gusana inzu z’abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza n’aho undi ngo akayishyirira mu mufuka mu nyungu ze bwite zitari izabaturage.
Mu kiganiro umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yagiranye n’umunyamakuru wa Igihe yemeje aya makuru avuga ko uyu munyamabanga nshingwabikorwa yatawe muri yombi ndetse afungiye kuri Sitasiyo ya Mukamira mu gihe dosiye ye ikirimo gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
Umurenge wa Rambura ni umwe mu Mirenge 12 igize akarere ka Nyabihu, uyu murenge wibasiwe n’ibiza mu kwezi kwa Mata muri uyu mwaka aho inzu nyinshi zasenyutse.


















