Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyabihu: Hari abagore bagiharikwa bakimwa n’uburenganzira ku mitungo

Thursday 2 June 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Samuel Mutungirehe

Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Nyabihu , umurenge wa Karago baravuga ko bagiharikwa n’abagabo babo Ku buryo usanga umugabo afite abagore barenga babiri.

Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri uyu murenge wa karago binubira aka karengane gatuka rimwe na rimwe abana bandangara Kubera kubura ise ubitaho uko bikwiye.

Nyiramugisha twamusanze mu gasantere atubwira uburyo umugabo we amaze ibyumweru bibiri atagera mu rugo gusa ngo akaba afite amakuru ko afite undi mugore .

Yagize ati, "Mu rugo abagabo baracyaduharika, basigaye badusiga bakajya kwishakira abandi bagore abana bagasigara bandagaye ku gasozi. Numvise ngo yashatse undi mugore, amaze ibyumweru bitatu atagera hano rwose, yansigiye aba bana."

Undi mubyeyi yagize ati, "Ikibazo cyo guharikwa turacyagifite hano, abagabo basigaye badusiga bakajya kwirirwa binywera inzoga ndetse rimwe na rimwe ntitubabone ku buryo umara n’ukwezi utamuciye iryera"

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette yavuze ko hakwiye kubaho ubukangurambaga mu masibo y’imidugufu hakajya habaho kuganiriza imiryango nubwo ngo hari abatabigaragaza bakabihisha ariko asaba abagabo gushyirahamwe n’abagore babo .

Mukandayisenga yagize ati, "Turasaba ababyeyi kujya bagaragaza ibyo bibazo mu masibo yo mu midugudu kugira ngo babashe kuganirizwa ku kibazo cy’iharikwa. Uyu muyobozi akomeza asaba abagabo gushyira hamwe n’abagore babo bakareka kubashakiraho abando bagore, bagafatanya kurera abana baba barabyaranye bakubaka umuryango mwiza ushyize hamwe."

Usibye kuba aba babyeyi bavuga ko baharikwa bakomeza bavuga ko n’imitungo usanga ihatikirira binyuze mu gusesagura kw’abagabo babo cyane ko hari na bamwe mu bagore bimwa uburengenzira bwo kugira uruhare kuri iyo mitungo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru