Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyabihu: Ikigega kigabura amazi kiri hafi gusandara ubuyobozi burebera

Monday 19 February 2024
    Yasomwe na


Mu karere ka Nyabihu, umurenge wa Mukamira hari abaturage bavuga ko batewe impungenge n’ikigega cy’amazi cyamaze gusaza ntigisanwe none kirenda gusandara Kandi ubuyobozi bubizi.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Mukamira ,ahubatse iki kigega, ni icy’umuyoboro w’amazi cyubatse ku muhanda Munini-Nyabihu-Rubavu.

Umwe muri aba baturage witwa Ndagijimana Faustin yagize ati: "Imbogamizi dufite ni iki kigega, murabona ko gishaje ku buryo isaha ku isaha cyasandara bitewe nuko kiva amazi atakinyura mu itiyo ahubwo yishakiye inzira ku mpande; turasaba ko bazaza bakagisana kugira hirindwe impanuka gishobora gutera."

Undi muturage yagize ati: "Murabona ko abana bahora begeye iki kigega, mbese ubu gisadutse cyakwangiriza byinshi, ubu se urabona amazi atarimo kunyura mu mabuye mu nkuta bitewe nuko batajya baza kugisana? Kiramutse gisandaye twese hano ingaruka zatugeraho, hari igihe baje kugifotora tugira ngo bagiye kugisana ariko byahe byo kajya!"

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukamira, Bizimana Placide yameje ko iki kigega gishaje kandi ngo abatekinisiye baragisuye kugira bazagisane, ariko biracyari mu nyigo.

Yagize ati: "Iki kibazo turakizi, buriya hacamo amazi menshi, ubwo rero iyo kimaze imyaka gitangira kuva kiba gikeneye maintenance (kugisana) ndetse abatekinisiye bakigezeho, baracyari mu nyigo yo kugisana, ntabwo ari icyo umuntu yavuga ngo kiraturika ejo cyangwa ejo bundi gusa kibazo twarakigaragaje."

Iki kigega gihuje umuyoboro utwara amazi hirya no hino mu karere ka Nyabihu, ni ikigega cyubakishijwe amabuye na sima nkuko ibindi bigega biba byubatse gusa ntabwo baheruka kugisana ndetse kiramutse gisandaye byateza ikibazo cy’ibura ry’amazi mu duce tumwe na tumwe udasibye n’impanuka.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru