Hari bamwe mu baturage batuye mu mirenge ya Jenda na bigogwe y’Akarere ka Nyabihu bakirarana n’amatungo mu nzu.
Abaganiriye na MAMAURWAGASABO TV bavuga ko kurarana n’amatungo mu nzu babiterwa n’ubujura bukabije bukunze kwibasira amatungo.
Umwe witwa Nzamukosha yagize ati”Kuraza itungo hanze uba urihaye abajura, ntabwo wafata intama yawe ngo uyiraze mu gikoni ahubwo uyiraza hafi y’uburiri ntakundi wabigenza.”
Undi muturage yagize ati”Ntabwo wafata itungo ryawe ngo ujye kuriraza mu gikoni, abajura no kumanywa baraza bakazizitura, ahubwo twasaba ubuyobozi guhashya ibi bihazi bitumazeho amatungo yacu.”
Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Simpenzwe Pascal yavuze ko bakomeje gukora ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kubaka ibiraro.
Yagize ati”Turi muri gahunda yo kubashishikariza kubaka ibiraro by’amatungo , iyo miryango yarabaruwe kandi barigishwa hari abarangije kubyubaka (ibiraro), ariko basigaye imiryango igera kuri 78 icyigishwa.”
Ni kenshi mu nteko z’abaturage abayobozi basaba abaturage kutararana n’amatungo cyakoze hari abaturage batarabyumva bijyanye n’impungenge z’abajura.























