Isoko rya Gihengeri riherereye mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare aho abacururiza muri iri soko bavuga ko kuba ntabwiherero iri soko rigira ari ikibazo kibakomereye.
Mukandayisenga Amina avuga ko bagorwa no kubona aho biherera yagize ati"Usanga nyine abantu bari kujya hirya mu bisambu kubera ko hano nta bwiherero dufite nyine urumva ko ari ikibazo’’.
Naho Mukamana Aline nawe usanzwe akorera muri iri soko yagize ati‘’Hano rwose ntabwiherero tugira pe mbese twiyambaza ubwiherero bw’abatuye hano hafi cyangwa tukihangana nyine’’.
Umuyobozi w’umurenge wa Mukama Longin Habineza avuga ko ubwiherero buhari ko ahubwo batari bazi ko bwafunzwe bityo ko bagiye gukurikirana icyo kibazo kigakemurwa.
Yagize ati"ntabwo twari tuzi ko ubwiherero bufunze kubera koperative ishinzwe kubucunga yarabwubatse tubona ntampamvu yo kuhafunga gusa ubwo tubimenye reka tubikurikirane’’.
Ubwiherero bwakabaye bukoreshwa burafunze nk’uko abaturage babihamya ibituma biyambaza ibisambu.
Isoko rya Gihengeri rihuriweho n’uturere dutatu ari two Nyagatare Gicumbi ndetse na Gatsibo.























