Yanditswe na Ntakirutimana Alfred
Umukerarugendo ukomoka muri Austria yarohamye mu Kivu karere ka Nyamasheke ahita apfa.
Namakuru yatangiye gucicikana isaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00) ku wa Gatanu taliki 28 Nyakanga 2023, mu Mudugudu wa Gikuyu, Akagali ka Ninzi, Umurenge wa Kagano.
Avugana n’itangazamakuru umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Mukamasabo Appolonie yemeje ibyaya makuru ati: "Saa mbiri z’umugoroba, hamenyekanye amakuru y’urupfu rw’umunyamahanga witwa Robert NENZINGER, yagiye koga mu Kivu ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00), ari kumwe na bagenzi be 6, hanyuma aza kurohama."
Amakuru ikinyamakuru mamaurwagasabo yamenye nuko uyu mugabo yari yaraje muri yubire y’imyaka 25 umwe mu bapadiri Waha Nyamasheke wibera hanze y’u rwanda amazeahawe ubusaseridoti,uyu rero kimwe n’abandi 19 baje muri ibi birori.
Mukamasabo Ati “Baje mu Rwanda ku wa Mbere, delegation y’abantu 19 bafite ubwenegihugu butandukanye, baje kubera ubufatanye basanganywe na Paroisse ya Nyamasheke na Karlau yo muri Autriche/Austria. Bacumbikiwe muri Paroisse Nyamasheke."
Bariya bakerarugendo bogeraga mu gice kiri inyuma ya Paroisse ya Nyamasheke, mu Mudugudu wa Gikuyu, Akagali ka Ninzi, Umurenge wa Kagano,
Umurambo we wahise ujyanwa ku bitaro bya Kibogora kugira ngo hakorwe isuzumwa.


















