Inama Njyanama y’Akarere ka Nyaruguru yeguje Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu muri ako karere, Bisizi Antoine, nyuma yo gukora isuzuma igasanga adatanga umusaruro wifuzwa.
Uyu muyobozi yegujwe ku mirimo ye ku wa 31 Gicurasi 2018 akurikiranye nk’uko Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyaruguru, Mungwakuzwe Yves, yabitangaje.
Yagize ati “Twateranye dusanga imikorereye ya Antoine Bisizi, itameze neza adatanga umusaruro mu iterambere ry’ubukungu. Ntabwo navuga ko ari amakosa ariko ntabwo imikorere ye iteza imbere ubukungu bw’akarere nk’uko byifuzwa.”
Bisizi Antoine yatorewe kuba Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Nyaruguru muri Gashyantare 2016.

















