Polisi y’igihugu yagaragaje ko abantu bitwaje intwaro bongeye gutera mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Nyabimata nabo baturutse I Burundi ndetse ngo ninaho basubiye.
Mu ijoro ryakeye ryo ku itariki 01 Nyakanga 2018 mu gihe cya saa 23H30 abagizi ba nabi bitwaje intwaro bateye mu Karere ka Nyaruguru, Umurenge wa Nyabimata, Akagari ka Ruhinga mu mudugudu wa Cyamuzi.
Polisi y’igihugu yemeje ko abo bagizi ba nabi bibye ibintu by’abaturage birimo amatungo n’ibiribwa, banarasa hejuru bagamije gutera ubwoba abaturage.
Ngo bashimuse bamwe mu baturage babatwaza ibyo bibye, baza kubarekura bamaze kotswa igitutu n’abashinzwe umutekano bahise batabara.
Muri iri tangazo Polisi yasohoye yavuze ko kimwe n’abateye mbere ngo n’aba baturutse I Burundi.
Ati :”Abo bagizi ba nabi bateye baturutse mu gihugu cy’u Burundi banyuze mu ishyamba rya Nyungwe, ari nayo nzira banyuzemo basubirayo. Ibi bikaba bibaye nta n’ibyumweru bibiri bishize mu karere kamwe habaye igitero nk’iki.”
Polisi yemeje ko aba bagizi ba nabi baturutse I Burundi mu gihe n’igitero giherutse kugabwa muri uyu murenge mu minsi ishize nacyo Polisi yari yavuze ko abagikoze baturutse I Burundi.
Polisi yavuze ko inzego z’ibanze n’izishinzwe umutekano bakoranye inama n’abaturage barabahumuriza. Basaba gukomeza guhana amakuru kugirango bahashye abo bagizi ba nabi.

















