Umwamikazi w’Ubwongereza, Elizabeth II yanduye COVID-19, ariko akaba agaragaza ibimenyetso byoroheje.
Ibitangazamakuru byavuze ko Queen Elizabeth yaba yarandujwe Coronavirusi n’umuhungu we, Igikomangoma Charles, kuko ku wa 10 Gashyantare ari bwo byamenyekanye ko Charles yanduye COVID-19, nyuma y’iminsi ibiri ahuye na nyina.
Hagiye gushira imyaka ibiri Queen Elizabeth II abuze umugabo we, Prince Philip, wapfuye abura umwaka umwe ngo yuzuze 100 nubwo we atazize COVID-19.
Nk’uko bitangazwa n’Umunyamakuru wa Radiyo mpuzamahanga y’u Bufaransa Émeline Vin uri mu murwa mukuru w’u Bwongereza i Londres, ngo umwamikazi azakomeza gukora imirimo yoroheje, azaba akorera i Windsor. Ikindi ni uko abakozi benshi b’ibwami na bo banduye COVID-19.
Mu gihe cy’iminsi 10, ibwami byari mu ibanga rikomeye ko umwamikazi yaba yari arwaye, nta tangazo ryatanzwe rivuga ko yaba yari yanduye COVID-19.
Mu by’ukuri Umwamikazi Elizabeth II yagaragaye ku wa Kabiri yakira mu buryo bw’ikoranabuhanga kuri videwo (visioconférence) impapuro zemerera Ambasaderi wa Estonia guhagararira igihugu cye mu Bwongereza.
Iryo tangazo rivuga ko Umwamikazi Elizabeth uzuzuza imyaka 96 muri Mata, yanduye COVID-19 ryatunguranye kuko yongeye kugaragara mu ruhame mu ntangiriro z’uku kwezi nyuma yo kuba yaravuzweho uburwayi mu mpera z’umwaka ushize mu Kwakira.
Abanyapolitiki n’abandi bantu bakomeye babinyujije ku mbuga nkoranyambaga bifurije Umwamikazi Elizabeth kurwara ubukira.





















