Imirwano yo kuri uyu wa Mbere yasize M23 ifashe ikibuga cy’indege cya Pinga muri teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, nyuma ya saa sita.
Nyuma yo gufata iki kibuga, byitezwe ko M23 ikomerezaho ahitwa Mobi, ndetse no ku kibuga cy’indege gito kiri ahitwa Kilundu, ndetse no kugera muri Walikare Zone.
Muri iyi mirwano kandi hagaragaye nko kugumuka ku ruhande rw’ingabo ziri kuri FARDC, aho zimwe zanze kurwano ngo zirengere iki kibuga cy’indege cya Pinga ngo kidafatwa ndetse Major umwe witwa Lokunga bivugwa ko yishyikirije inyeshyamba za M23 hamwe n’abasirikare bari kumwe bagera kuri 24.




















