Ubwo yafunguraga Inama ya 19 y’Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’igihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, Francophonie, Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa yashimangiye ko uyu muryango ugamije amahoro no kugera ku iterambere rirambye.
Ni Inama ikomeye yafunguriwe i Paris mu Bufaransa, mu mugi ufite amateka yuko ariwo wemerejwemo ko ururimi rw’Igifaransa arirwo rurimi ruzajya rukoresha muri iki gihugu, mu nzegi z’ubutegetsi rusimbuye Ikilatini.
Perezida Macron yagize ati: "Intego uyu muryango wa Francophonie idufitiye ni intego y’amahoro n’iterambere rirambye. Ni umurwa w’ubufatanye twese tugomba kwishimira kubamo."
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango wa OIF, Madame Louise Mushikiwabo, yashimangiye ko uyu muryango ari cyogera, atari uw’umugabane wa Afurika gusa.
Yagize: "Oya, Francophone si Ubufaransa bw’Afurika! Ntabwo igera mu Nguni esheshatu gusa cyangwa ngo ibe ari inyafurika. Ni mpuzamigabane iri ku migabane itanu yose.
Ni iya rusanga muri Leta 88 na za guverinoma, ikora ku buzima bw’abaturage."
Zimwe muri gahunda zikomeye zitezwe kuzakorwa na Perezida Macron muri iyi nama y’uyu mwaka, ni ukuzagira umwanya w’ubuhuza bw’u Rwanda na DRCONGO, binyuze mu kuzagirana ikiganiro na buri mukuru w’igihugu, Perezida Kagame w’u Rwanda na Perezida Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRCONGO) hanyuma akazabona Gutanga inama yuko impande zombi zagarura amahoro mu karere ziherereyemo.




















