Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari yagaragaje ko ruswa y’igitsina yeze muri kaminuza hagati y’abarimu n’abanyeshuri baba bashaka amanota.
Yabigarutseho ubwo yatangizaga inama yiga ku kurwanya ruswa mu nzego za Leta.
Yavuze ko abizi neza ko muri kaminuza zo muri iki gihugu harimo ruswa y’igitsina imaze gufata indi ntera kugeza n’aho abanyeshuri batangiye kuyihimba amazina atandukanye.
Ati “Hari ikibazo cya ruswa aho utanga amafaranga bakaguha amanota cyangwa ugatanga ruswa y’igitsina, iyo ni imyitwarire ihabanye n’amategeko agenga ibizamini.”
Perezida Buhari yakomeje avuga ko inzego bireba zikwiriye guhagurukira ikibazo cya ruswa y’igitsina ndetse ababigiramo uruhare bakagezwa imbere y’ubutabera.





















