Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more
  • 6 July » Neymar yasezeye gukinira ikipe ya Brazil – read more

Perezida Buhari yihanije abarimu baka ruswa y’igitsina

Thursday 6 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari yagaragaje ko ruswa y’igitsina yeze muri kaminuza hagati y’abarimu n’abanyeshuri baba bashaka amanota.

Yabigarutseho ubwo yatangizaga inama yiga ku kurwanya ruswa mu nzego za Leta.

Yavuze ko abizi neza ko muri kaminuza zo muri iki gihugu harimo ruswa y’igitsina imaze gufata indi ntera kugeza n’aho abanyeshuri batangiye kuyihimba amazina atandukanye.

Ati “Hari ikibazo cya ruswa aho utanga amafaranga bakaguha amanota cyangwa ugatanga ruswa y’igitsina, iyo ni imyitwarire ihabanye n’amategeko agenga ibizamini.”

Perezida Buhari yakomeje avuga ko inzego bireba zikwiriye guhagurukira ikibazo cya ruswa y’igitsina ndetse ababigiramo uruhare bakagezwa imbere y’ubutabera.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru