Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Perezida Doumbouya yabujije na Minisitiri kurenga igihugu

Monday 14 October 2024
    Yasomwe na

Kugeza tariki ya 31 Ukuboza nta minisitiri wa minisiteri n’imwe muri Guverinoma ya GUINEE wemerewe kurenga imbibi z’igihugu cye agiye mu butumwa bw’akazi.

Perezida Mamadi Doumbouya ayoboye inzibacyuho ya Guinée, yatanze iryo bwiriza tariki ya 10 Ukwakira 2024 kugeza tariki ya 31 Ukuboza.

Yasizemo igika kivuga ko uwemerewe kurenga imbibi z’igihugu ari Minisitiri yabihereyabihereye uruhushya gusa.

Impamvu yafashe uwo mwanzuro, nkuko ikinyamakuru JeauneAfrique cyabyanditse kibihawe n’umuvugizi wa guverinoma, Ousmane Gaoual Diallo ngo ni ukugerageza kugabanya ibyo igihugu gisohora hanze.

Perezida Doumbouya yatanze iri tegeko mu gihe abaminisitiri benshi muri iki gihugu bari nzira zo kwerekeza hanze y’igihugu.

Izi ngamba za Doumbouya ngo zitezweho kongera ikibatsi mu gufasha igihugu gucunga umutungo hakorwa ibikenewe mu mutungo w’igihugu.

Perezida Doumbouya yageze ku butegetsi bwa Guinée muri Nzeri 2021 ubwo yari akiri ku ipeti rya Colonel, ubu akaba ari kwitwara neza ngo azanahatanire iyi ntebe y’umukuru w’igihugu mu matora azategura ataha.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru