Tuesday . 12 May 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more
  • 23 April » AFC/M23 na Kinshasa bemeranyije guhererekanya imfungwa zikanyuzwa muri Uganda – read more
  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more

MONUSCO igiye gutera inkunga SADC mu kurwana na #M23

Thursday 8 February 2024
    Yasomwe na

Nyuma yo kubona ko urugamba rugeze mu nahina kandi umutwe wa M23 igaragaza imbaraga zidasanzwe ku gisirikare cya Leta ya Congo n’abo gifatanyije aribo Ingabo z’umuryango SADC, Ubutumwa bwa Loni muri Congo nabwo bwijeje ubufasha kuri Leta.

Byatangajwe n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ishinzwe amahoro, Jean Pierre Lacroix, ubwo yari mu ruzinduko muri RDCongo.

Yagize ati “Mu mwanzuro wayo wa 2717, akanama k’umutekano gafite MONUSCO mu nshingano kazasuzuma uburyo bwo gufasha SADC mu bikoresho n’ibikorwa. Ni ko kazafata icyemezo ku miterere y’ubu bufasha.”

Lacroix amaze iminsi muri RDC. Yahuye na Perezida w’iki gihugu, Félix Tshisekedi Tshilombo, amusezeranya ko MONUSCO izakomeza gutanga ubufasha mu kurinda abaturage mu bice biberamo intambara.

Mu matangazo y’uko Imirwano ihagaze mu Burasirazuba bwa Congo, umutwe wa M23 nawo umaze iminsi utangaza ko ingabo za Monusco zikoresha indege zabo zifata amakuru zikanayatabga ku ruhande bahanganye, ukanibutsa ko ukomeje kubyiyama.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru