Friday . 9 May 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 8 May » AMAKURU AGEZWEHO MU MIKINO – read more
  • 7 May » Rusizi: Abaturiye uruganda rwa Cimerwa barasaba ko bakizwa intambi zikomeje kubasenyera – read more
  • 7 May » Gakenke: Ababyeyi baravuga ko ivuriro ryo kuboneza urubyaro begerejwe rizabafasha kuringaniza urubyaro – read more
  • 7 May » Rubavu: Imirimo yo kubaka ishuri ryari rimaze imyaka 12 yasubukuwe – read more
  • 6 May » Amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RD Congo azaba yatunganye muri Gicurasi. – read more

Perezida Emmanuel Macron yashimishije abakinnyi b’Ikipe y’u Bufaransa

Wednesday 11 July 2018
    Yasomwe na

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron wari mu Burusiya ku mugoroba, yaraye atunguye abakinnyi n’abayobozi b’ikipe y’igihugu cy’Ubufaransa, ubwo yabasangaga mu rwambariro nyuma yo gutsinda Ububiligi igitego 1-0 bagera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi.

Uyu muperezida uri mu bakundwa na benshi mu rubyiruko,yaraye asanze mu rwambariro abakinnyi abashimira akazi gakomeye baraye bakoze basezerera Ububiligi bwagaragaje ubudashyikirwa muri iyi mikino y’igikombe cy’isi iri kubera mu Burusiya.

Umtiti yafashije Ubufaransa kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi 2018

Ubufaransa bwaraye butsinze Ububiligi igitego 1-0 cyatsinzwe na Samuel Umtiti n’umutwe ku mupira wari uturutse muri koluneri yatewe neza na Antoine Griezmann ku munota wa 51.

Ubufaransa bugomba gutegereza ikipe izarokoka hagati y’Ubwongereza na Croatia ku munsi w’ejo,bakazahurira ku mukino wa nyuma taliki ya 15 Nyakanga 2018.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru