Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bashyize indabo ku kimenyetso cy’Ubutwari bunamira Intwari nk’icyimenyetso cyo kuziha icyubahiro kubwo kwitangira u Rwanda.
Ni umuhango wabereye ku Gicumbi cy’intwari i Remera mu Mujyi wa Kigali, mu kwizihiza Umunsi w’Intwari ku nshuro ya 29.
Umuhango wo kwizihiza Intwari wabereye mu gihugu hose ku rwego rw’umudugudu, aho abaturage baganirijwe ku butwari bwaranze Abanyarwanda n’intwari zitangiye igihugu mu bihe bitandukanye zimwe zikahasiga ubuzima.
Intwari zibukwa ziri mu byicuro bitatu ari byo Imena, Ingenzi n’Imanzi ari nazo zo mu cyiciro cy’Ikirenga zirimo Maj. Gen Fred Gisa n’Umusirikare utazwi. Kugeza ubu nta ntwari ziraboneka mu cyiciro cy’Ingenzi mu gihe hakiriho bamwe mu ntwari z’Imena ari zo Abana b’i Nyange.
Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: "Ubutwari mu Banyarwanda Agaciro Kacu".






















