Mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga hateganyijwe ibganiro byo ku rwego rwo hejuru, bizahuza Perezida w’u Rwanda Paul Kagame n’uwa DRCongo Felix Anthoine Tshisekedi Chilombo ku ngingo yuko hagaruka umutekano mu karere.
Nta gihindutse biteganijwe ko ibiganiro bizahuza abategetsi ba RDC n’ab’u Rwandabizaba ku matariki asoza uku kwezi kwa Karindwi uy’u mwaka; bahurire i Luanda mu gihugu cya Angola aho bazaganira ku birebana n’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Kuri ubu ikiri kuvugwa ni igihe ibiganiro biteganyijwe guhuza u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo mu rwego rwo gushakira amahoro n’umutekano uburasirazuba bwa Congo.
Iyi nama igiye kuba nyuma y’iyabereye muri Zanzibar muri Tanzania, nayo ikaba yarabaye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa karindwi.Ku ruhande rw’u Rwanda yari yitabiriwe n’abarimo Minisitiri w’ubanyi n’amahanga, Olivier Duhungirehe hamwe n’umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubanye n’amahanga ushinzwe umuryango wa Afrika y’iburasizuba, Gen James Kabarebe.
Mu gihe RDC yo yari ihagarariwe na minisitiri w’ubanye n’amahanga w’ungirije, Gracia Yamba.
Abakuru b’ibihugu byombi baheruka guhurira i Luanda muri Angola ubwo bari kumwe na Perezida wa Angola Joe Lorenzo



















