Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko mu gihe abakandida Perezida bagiye gutangira kwiyamamaza kuyobora igihugu, buri umwe afite ibyo ashingiraho yerekana icyo azakorera abaturage ashaka kuyobora, avuga ko we amahirwe afite ari uko afite ibyo ashingiraho.
Yabitangaje mu kiganiro cyihariye yagiranye n’igitangazamakuru cy’Igihugu, RBA, kuri uyu wa Mbere, ikiganiro cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo n’ibijyanye n’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Abajijwe ku myiteguro n’icyo we nk’umukandida Perezida hamwe n’abo bagiye guhurira mu baturage, Perezida Kagame yavuze ko buri wese afite ibyo azabwira abaturage ariko we bisa n’ibyorishye.
Yagize ati: "Ati “Kwiyamamaza, kongera gutorerwa kuba Umukuru w’Igihugu, twebwe dufite amahirwe yo kuvuga ngo hari ibyaturanze tumaze gukora mu myaka ishize. N’abandi bafite ibyabaranze cyangwa bifuza ko bibaranga, bumva ndetse banarushaho, ni yo mpamvu baboneka, bagashaka umwanya wo kuyobora igihugu. Ibyo ni uburenganzira bwabo. Ariko ubureganzira bundi ni ku baturage, guhitamo bishingiye ku cyo wabonye, ku cyo wagizemo uruhare.”
Umukuru w’Igihugu yatangaje ko ibyashobokaga atakoze muri manda iri kurangira, ateganya kubikora, afatanyije n’Abanyarwanda. Yashimangira ko kuba abaturage bamushima, bitazatuma adatekereza gukora ibirenze.
Muri aya matora, Paul Kagame uzaba ahagarariye Umuryango FPR Inkotanyi azahatana na Dr. Frank Habineza wa DGPR (Green Party) n’umukandida wigenga, Mpayimana Philippe. Aba bakandida ni na bo bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu 2017.
Abakandida Perezida bemejwe na NEC bazatangira kwiyamamaza kuva tariki ya 22/06/2024 birangire tariki ya 13/07, saa 23:59


















