Nyuma y’igihe kitari gito Umukuru w’igihugu atangaje ko hari Inama yagiriye abafite Siporo mu nshingano, uko bazahura umupira w’amaguru akagaruka kureba imikino nk’ibisanzwe, kuri uyu wa Kabiri yitabiriye umukino w’ikipe y’Igihugu Amavubi yakiriye iya Nigeria.
Abazi kubara imyaka neza basanga Perezida Kagame yari amaze imyaka umunani atarebera umupira w’amaguru w’amakipe y’imbere mu Gihugu kuri stade imbonankubone.
Yaherukaga kureba umukino uwo ari wo wose wa ruhago w’amakipe y’imbere mu Gihugu ari kuri sitade tariki 30 Mutarama 2016 ubwo Amavubi yakinaga na DRC, atsindwa 2-1 muri 1/4 cy’Igikombe cya Afurika mu irushanwa rihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN) u Rwanda rwari rwakiriye.
Umukino w’uyu munsi wari umukino w’umunsi wa Kabiri wo mu itsinda rya kane ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizaba mu 2025, waberaga kuri Stade Amahoro.
Umukuru w’Igihugu yinjiyemo mu gice cya kabiri ku munota wa 48 w’umukino asanga amakipe yombi anganya 0-0 nk’uko igice cya mbere cyari cyarangiye.
Amavubi afite amanota abiri nyuma yo kunganya imikino ibiri ya Libya na Nigeria, mu gihe Super Eagles ikiyoboye iri tsinda n’amanota 4.
Abafana bitabiriye uno mukino bemerewe kwinjirira Ubuntu, abaguze amatike aremereye nabo bagira uko babyumvikanaho na FERWAFA.
Umuzamu w’Amavubi yashimiwe n’abafana kwitanga bikomeye mu mukino wa Nigeria





















