Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia ubu akaba ayobora Ikigo cy’Afurika gicuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga.
Ni ikigo gikomeye kitwa Africa Electronic Trade Group (The A-eTrade Group). Kirimo gukora urubuga rw’isoko rwitwa Sokokuu, mu gufasha kuzamura akamaro k’isoko rusange rya Afurika ku bigo biro n’ibiciriritse mu kwisanga ku isoko ryo hagati no hanze y’Afurika mu bucuruzi. U Rwanda ruzaba rufite ikicaro gikuru cyarwo mu gufasha gukorana n’utundi turere tw’Afurika.
Desalegn yari kumwe na Mulualem Syoum nawe ufite inshingano muri kiriya kigo.
Desalegn yagiye mu Biro bya Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri w’ikoranabuhanga Madamu Ingabire Musoni Paola.


















