MUTUNGIREHE SAMUEL
Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, Félix Tshisekedi, mu karere ka Rubavu mu kuganira no kureba ibyangijwe n’ingaruka z’umutingito wakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo kigateza imitingito.
Ni uruzinduko rw’umunsi umwe Perezida Tshisekedi yagiriye mu Rwanda, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Kamena 2021.
Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye ku mupaka munini wa La Corniche, bakaba bari kuzenguruka Umujyi wa Rubavu.
Nyuma yo gusura ibice bitandukanye abakuru b’ibihugu byombi baraganira mu muhezo.
Kuri uyu wa Gatandatu Perezida Kagame nawe azasura mugenzi we i Goma bakomeze kureba ingaruka z’imitingito zabaye ku ruhande rwa Kongo.
Nyuma y’urwo ruzinduko no gusura ibice bitandukanye ku mpande zombi abakuru b’ibihugu bazasinya amasezerano y’ubuhahirane mu gushimangira umubano uri hagati y’ibihugu byombi.
Nyuma yo gusura ibikorwa bitandukanye kandi abakuru b’ibihugu byombi bari ku ruhande rwa Kongo bazagirana ikiganiro n’itangazamakuru.
Foto: Urugwiro, Twitter





















