Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Madamu Jeannette Kagame yasangije Liyuan uruhare rwa Imbuto Foundation mu iterambere ry’Abanyarwanda

Tuesday 24 July 2018
    Yasomwe na

Madamu Jeannette Kagame yakiriye Madamu wa Perezida w’u Bushinwa, Peng Liyuan, wari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, amusangiza ibikorwa bitandukanye by’Umuryango Imbuto Foundation mu guteza imbere Abanyarwanda binyuze mu rwego rw’ubuzima, uburezi, kwita ku rubyiruko no mu mishinga yo kongera ubushobozi mu birebana n’ubukungu.

Ku wa 22 Nyakanga nibwo Perezida w’u Bushinwa, Xi JinPing n’umugore we Peng Liyuan, bageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, aho bakiriwe na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame.

Kuri uyu wa mbere Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Imbuto Foundation, yakiriye Madamu Liyuan, amusobanurira ibikorwa bitandukanye by’uyu muryango, baganira ku byo bahuriyeho mu guteza imbere imibereho myiza n’ubukungu by’abaturage.

Nyuma y’ibi biganiro Madamu Kagame na Liyuan usanzwe ari n’Intumwa yihariye y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye mu ishami riteza imbere ubumenyi n’umuco (UNESCO), mu guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa, basuye ishuri ryisumbuye rya FAWE Girls School, riherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere JinPing na Liyuan, bakiriwe ku meza na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, mbere y’uko basoje uruzinduko rwabo rwaranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo; gushyira umukono ku masezerano 15 y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru