Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Madamu Jeannette Kagame yasangije Liyuan uruhare rwa Imbuto Foundation mu iterambere ry’Abanyarwanda

Tuesday 24 July 2018
    Yasomwe na

Madamu Jeannette Kagame yakiriye Madamu wa Perezida w’u Bushinwa, Peng Liyuan, wari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, amusangiza ibikorwa bitandukanye by’Umuryango Imbuto Foundation mu guteza imbere Abanyarwanda binyuze mu rwego rw’ubuzima, uburezi, kwita ku rubyiruko no mu mishinga yo kongera ubushobozi mu birebana n’ubukungu.

Ku wa 22 Nyakanga nibwo Perezida w’u Bushinwa, Xi JinPing n’umugore we Peng Liyuan, bageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, aho bakiriwe na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame.

Kuri uyu wa mbere Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Imbuto Foundation, yakiriye Madamu Liyuan, amusobanurira ibikorwa bitandukanye by’uyu muryango, baganira ku byo bahuriyeho mu guteza imbere imibereho myiza n’ubukungu by’abaturage.

Nyuma y’ibi biganiro Madamu Kagame na Liyuan usanzwe ari n’Intumwa yihariye y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye mu ishami riteza imbere ubumenyi n’umuco (UNESCO), mu guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa, basuye ishuri ryisumbuye rya FAWE Girls School, riherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere JinPing na Liyuan, bakiriwe ku meza na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, mbere y’uko basoje uruzinduko rwabo rwaranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo; gushyira umukono ku masezerano 15 y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru