Yanditswe na Jean claude Ndayambaje
Umukuru w’Igihugu Cy’u Rwanda Paul Kagame yababajwe n’urupfu rwa Dr Paul Farmer washinze Kaminuza ya Butaro witabye Imana tariki ya 21 Gashyantare 2022.
Dr Paul Farmer watabarutse afite imyaka 62 y’amavuko Kuko yavutse mu 1959 ,akaba ndetse yaragize uruhare rukomeye mu bikorwa byinshi byo guteza imbere inzego z’ubuzima mu bihugu bitandukanye n’u Rwanda ririmo arinaho yarari kugeza ubu .
Niwe wafashe iyambere mu gushinga Kaminuza y’ibijyanye n’ubuvuzi ya Butaro "UGHE" Ubuyobozi bwayo bwatangaje ko bwababajwe n’urupfu rwe ruteye agahinda kuri yo no ku bakora mu rwego rw’ubuzima muri rusange.
Abinyujije Ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Paul Kagame yavuze ko bimugoye kubona amagambo yasobanura inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Dr Paul Farmer, umuntu, akaba umuganga n’umuntu mwiza .
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Yakomeje avuga ko kubura umuntu nka Paul Farmer ari igihombo gikomeye mu buryo butandukanye haba ku muntu ku giti cye, igihugu cy’u Rwanda yakunze akanagira uruhare mu rugendo rwo kwiyubaka kwacyo ku muryango we no kuri we ubwe.
Kagame yagize ati "Ndabizi ko hari abandi benshi babyumva nk’uku muri Afurika no hanze yayo, nkomeje Didi, umugore we, abana be, umuryango n’inshuti."
Muri 2019, nibwo Dr Paul Farmer yahawe umudali w’Igihango (Order of Outstanding Friendship - Igihango) avuga ko u Rwanda rwamubereye isomo. rikomeye mu myaka yose amaze akorana narwo bya hafi , byari I yishimo bikomeye
Biravugwa ko yari asanganywe uburwayi bw’umuvuduko w’amaraso ndetse bikekwa ko aribwo bwamuhitanye.
Paul Farmer yavutse ku wa 26 Ukwakira 1959 avukira mu gace kitwa North Adams muri Leta ya Massachusetts, muri Leta zunze ubumwe za Amerika (Etat-unis).

















