Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macro, yanditse amateka atazibagirana muri politiki y’igihugu cye, yemerera Abanyarwanda n’isi yose uruhare igihugu cye cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ni inkuru yari itegerejwe cyane n’abanyarwanda kimwe n’amahanga n’abafaransa muri rusange cyane ko kuva na mbere nta mukuru w’igihugu cy’Ubufaransa wigeze ahirahira kwemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yabitangaje kuri uyu wa Kane ubwo yari ageze mu Rwanda mu ruzinduko arimo, nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.
Muri iri jambo ryari ritegerejwe na benshi nyuma y’imyaka 27 y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa, Perezida Macron yagize ati "Mpagaze aha imbere yanyu nciye bugufi kandi niyoroheje, nazanywe no kwemera uruhare rwacu."
Yakomeje agira ati "Kwemera ahahise, ni no kwemera ko ubutabera bukomeza, duharanira ko nta n’umwe mu bakekwaho ibyaha bya Jenoside utoroka ubutabera.”
Yaboneyeho gusaba imbabazi z’uruhare rw’igihugu cye muri Jenoside, avuga ko aribwo buryo bwiza bwo gukomeza gufatanya n’u Rwanda mu gutegura ejo hazaza heza.
Ati"Kwemera aya mateka n’uruhare rwacu, ni ikimenyetso kidashidikanywaho. Tubikoze ku bushake, tubyikorera. Ni umwenda ku nzirakarengane nyuma y’igihe kirekire ducecetse. Ni impano ku bakiriho bagifite ububabare baramutse babitwemereye, twafatanya kubagabanyiriza umubabaro.
Iyi nzira yo kuzirikana, binyuze mu madeni n’impano zacu, biraduha icyizere ko tuzayasohokamo twese dufatanyije. Muri iyo nzira, abanyuze muri iri joro ribi nibo bashobora kutubabarira, bakaduha impano y’imbabazi."
Perezida Macro ubw eyavuze ko Jenoside itagereranywa, itegurwa, iba ifite amateka.
Akomeza agira ati" Irihariye. Jenoside yari ifite umugambi. Abicanyi bari bashishikajwe no kumaraho Abatutsi. Abagabo, abagore, ababyeyi n’abana babo. Ni ubusazi bwatwaye abageragezaga kubwitambika bose ariko ntibwigeze buhindura umugambi bwari bwatangiranye."
Kwemera uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi ntibyari kubura mu ijambo rya Macro cyane ko we ubwe muri politiki ye agaragaza ku Rwanda ashaka kandi aharanira kuzahura no kwandika paji nshya y’umubano hagati y’u Rwanda n’Ubufaransa, ikintu cyananiye abamubanjirije.
Perezida Macro ubwe ntiyahwemye kumenya neza koko niba igihugu ke cyaragize ururahe rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko yahise ashyiraho komisoyo yihariye yiswe Duclert, yashimangiye ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenosoide yakorewe Abatutsi nubwo itavuze ko habayeho umugambi wo gufatanya na guverinoma y’u rwanda yakoze Jenoside mu kuyitegura no kuyishyira mu bikorwa.

















