Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yakubiswe urushyi ku itama rurumira ubwa wa mugani w’Abanyarwarwanda, n’umugabo ubwo yarimo gusuhuza abaturage mu Majyepfo y’Ubufaransa.
Amashusho y’urwo rushyi yasakaye kuri uyu wa Kabiri, binyuze ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter rw’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, agaragaza ubwo Perezida Macron yegeraga abaturage agira ngo abakore mu ntoki, umugabo umwe mu bari imbere ku ruzitiro rwatandukanyaga Perezida n’abatueage yashushe n’ujya kumwo ngorera ijambo, Perezida nawe amufata ku kaboko nk’uwamwiahimiye hanyuma uwo mugabo ahita amukubita urushyi.
Ako kanya abari bamurinze (Gendarmerie PSIG) bahise batabara, bakiza Perezida hanyuma uwo mugabo atabwa muri yombi.
Perezida Macron yari yambaye ishati y’umweru n’ipantalo y’umukara, karavate y’umukara n’agapfukamunwa k’umukara.

















