Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Perezida Putin ntari bugaragare mu biganiro bibera Istanbul

Thursday 15 May 2025
    Yasomwe na

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ntari mw’itsinda ry’intumwa z’u Burusiya ryitabira ibiganiro by’amahoro biteganyijwe kubera i Istanbul, muri Turukiya, kuri uyu wa 15 Gicurasi 2025.

Mu itangazo ryasohowe n’ibiro bya Perezida w’u Burusiya (Kremlin) ku wa Gatatu nimugoroba, hatangajwe ko Putin atarimo mu rutonde rw’abantu bazahagararira u Burusiya muri ibyo biganiro.


Perezida Putin ntari bugaragare mu biganiro.

U Burusiya burahagararirwa n’itsinda rigizwe n’abantu umunani, harimo uwahoze ari Minisitiri w’Umuco n’impuguke enye zizafasha iryo tsinda.

Putin yari yatangaje ku wa 11 Gicurasi ko yifuza ko u Burusiya na Ukraine bahura mu biganiro byihariye, kandi ko abona Turukiya nk’aho bikwiye kubera. Nubwo yavuze ko igihugu cye kizitabira, ntiyigeze asobanura niba azahagera ubwe. Icyakora, Ukraine n’ibihugu by’iburengerazuba bifuzaga ko ari we ubwe uzayitabira.

Ku ruhande rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umwe mu bayobozi bayo yavuze ko na Perezida Donald Trump atazitabira ibyo biganiro, kuko amaze kumenya ko Putin atari buze, yahisemo kudakomeza gahunda yo kujyayo.

Ku wa 12 Gicurasi, Trump yari yabwiye itangazamakuru ko azitabira ibiganiro by’i Turukiya niba abona bifite akamaro.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru