Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Perezida Ruto na Tshisekedi baragirana ibiganiro bya babiri

Monday 21 November 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Ku cyumweru Perezida wa Kenya, William Ruto yerekeje Kinshasa mu rwego rwo gushakira hamwe amahoro arambye mu karere.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Congo Kinshasa, bivuga ko Perezida wa Kenya ari mu ruzinduko rw’akazi ruri mu rwego rwo gutegura ibiganiro by’i Nairobi bigamije kumvikanisha ubutegetsi buriho muri Congo n’imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere, Perezida Ruto na Perezida Félix-Antoine Tshisekedi bagirana ibiganiro bya babiri, bikabera ku biro by’Umukuru w’Igihugu, Palais de la Nation.

Nyuma yaho intumwa z’ibihugu byombi na zo ziraganira.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Congo, bivuga ko Perezida Ruto yiyemeje kubaka umubano wa hafi hagati ya Congo na Kenya, ndetse no gushyigikira inzira zo kugarura umutekano mu burasirazuba bwa Congo.

Abasirikare ba Kenya bakambitse i Goma mu rwego rw’ingabo z’Akarere zemejwe n’ibihugu mu gufasha mu nzira y’amahoro muri Congo.

Izi ngabo za Kenya zatangaje ko zitajyanywe no kurwanya M23 ko ahubwo zizafasha mu kubona ibisubizo bya politiki, no mu nzira zo kwambura intwaro imitwe y’inyeshyamba, byakwanga ku neza, hagakoreshwa ingufu za gisirikare.

Mu cyumweru gishize, nabwo Perezida Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya, akaba yaragenwe nk’umuhuza mu bibazo bya Congo, yasuye Kinshasa, ndetse ajya n’i Goma kuvugana n’abantu batandukanye no kureba uko ubuzima bw’abakuwe mu byabo bwifashe.

Kenyatta yasabye inyeshyamba kurambika intwaro hasi zikayoboka ibiganiro kubera ko, imbunda n’amasasu bitazana amahoro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru