Saturday . 20 September 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 20 September » Musanze: Abakuru b’Imidugudu baracyagorwa no kutagira ibikoresho bibafasha kunoza inshingano – read more
  • 19 September » Gatsibo: Barataka gukoresha amazi y’ibiziba – read more
  • 19 September » Rubavu: Umuco wo gutabarana wagiye nka Nyomberi – read more
  • 19 September » RDB: Amabwiriza y’ubucuruzi mu gihe cy’irushanwa ryo gusiganwa ku magare ku Isi – read more
  • 19 September » Ba Ofisiye 17 baturuka mu bihugu bitandatu bongerewe ubumenyi mu gutabara aho rukomeye – read more

Perezida Tshisekedi yashyizeho icyunamo cy’iminsi 3 gihugu hose

Wednesday 14 December 2022
    Yasomwe na

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi Chilombo yashyizehi icyunamo cy’iminsi itatu mu gihugu hose nyuma y’impanuka yahitanye abagera ku 120.

Minisitiri w’Intebe wa RDC yatangaje iki cyunamo guhera kuri uyu wa Gatatu mu gihugu cyose cyo guha icyubahiro abantu basaga 120 bishwe n’imyuzure n’inkangu, nyuma y’imvura idasanzwe yibasiye Umurwa Mukuru Kinshasa.

Iyi mvura ikomeye yaguye kuva mu ijoro ryo ku wa Mbere, igeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukuboza 2022.

Minisitiri w’Intebe wungirije Daniel Aselo, yatangaje ko inama yahuje abayobozi bakuru b’iki gihugu, hemejwe ko Leta izishingira ibikorwa byo guherekeza abapfuye.

Yavuze ko nyuma y’iyo nama kandi, hemejwe ko inzu ziri ahantu hateye ibyago hazemezwa, zigomba gusenywa mu minsi mike iri imbere, hirindwa gupfusha abandi bantu.

Ati "Perezida wa Repubulika yasabye Minisitiri w’Intebe, na we waje kuduha amabwiriza yo kwihanganisha imiryango yose yagize ibyago kuri uyu munsi."

Perezida Felix Tshisekedi we ari i Washington muri Leta zunze ubumwe za Amerika, aho yitabiriye inama iza guhuza icyo gihugu na Afurika, ndetse yakoranye inama n’abayobozi bari kumwe harebwa uburyo bwo gufasha abaturage bagize ibyago, n’igikwiye gukurikira.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru