Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yategetse Guverineri w’intara ya Kivu y’Epfo, Jean-Jacques Purusi kuba ategekera intara mu Mujyi wa Uvira, mu gihe bakirwana no kwisubiza ibice by’igihugu byafashwe na M23 birimo na Bukavu yari irimo ikicaro cya Guverineri.
Ni icyemezo Guverineri Purusi yavuze ko cyaturutse mu biro bya Perezida w’iki gihugu Felix Tshisekedi.
Ku wa Kabiri nibwo Perezida Félix Tshisekedi yakiriye guverineri wa kivu y’Amajyepfo Purusi mu biro bye i Kinshasa, ni nyuma y’uko mu byumweru hafi bibiri bishize Purusi n’abamufashaga gutegeka Intara ya Kivu y’Epfo bahunze M23 ije gufata Goma bakava muri Bukavu umurwa mukuru w’iyi ntara.
Mu butumwa yatangaje, Guverineri Purusi usanzwe ari n’umwalimu muri za kaminuza, yavuze ko ubu akorera i Uvira "mu gihe dutegereje ko tubasha gusubirana intara yose".
Kuva Bukavu yafatwa na M23, umujyi wa Uvira waranzwemo umutekano mucye abahatuye bavuga ko watewe n’imirwano hagati y’ingabo za leta zahahungiye zivuye i Bukavu n’abarwanyi ba Wazalendo zasanze muri uyu mujyi bagashaka kwambura intwaro ingabo bazishinja guta urugamba.
Mu cyumweru gishize ubwo umutwe wa M23 wamanutse ugafata umujyi muto wa Kamanyola uri hafi y’umupaka wa DR Congo, Burundi n’u Rwanda ibintu byarushijeho kumera nabi i Uvira.
Amashusho amwe yagaragaje ingabo za leta na bamwe mu bategetsi burira ubwato bivugwa ko bahungiye i Kalemie, umujyi na wo uri ku kiyaga Tanganyika mu ntara ya Tanganyika.
BBC yanditse ko abaturage babarirwa mu bihumbi za mirongo na bo bahungiye hakurya i Burundi. Hagati aho ntibyari bizwi neza niba Guverineri Purusi yaragumye i Uvira cyangwa na we yarahunze, kugeza mu ijoro ryacyeye yemeza ko akorera i Uvira, ibyo BBC itabashije kugenzura mu buryo bwigenga.



















