Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Perezida w’Ubufaransa yahamagaye Kagame na Tshisekedi

Sunday 26 January 2025
    Yasomwe na

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron cy’Ubufaransa, yahamagaye kuri telefoni Perezida Felix Tshisekedi na Perezida Paul Kagame kugira ngo baganire ku kibazo kiri kuzambya umutekano mu Burasirazuba bwa DRCongo.

Uyu Mutegetsi w’Ubufaransa ahamagaye bagenzi be nyuma yuko abonye ko ibihugu byombi bishobora kuba bigiye gucana umubano, cyane ko Leta ya Kinshasa yahamagaje Aba-Dipolomate bayo bari i Kigali igatanga n’amasaha 48 ku b’u Rwanda ngo bafunge ibikorwa byabo i Kinshasa.

Ibiro bya Perezidansi y’Ubufaransa bivuga ko ku wa Gatandatu tariki 25 Mutarama, 2025 Perezida Macron yavuganye kuri telefoni na Perezida Tshisekedi, na Perezifa Paul Kagame.

Gusa nta byinshi byatangajwe ku byo baba bemeje, cyakora itangazo rivuga ko Emmanuel Macron yagaragaje ko ahangayikishijwe n’uko ibintu bimeze ubu muri Kivu y’Amajyaruguru by’umwihariko mu nkengero z’umugi wa Goma.

Nubwo bimeze gutyo ariko Perezida Macron yagaragaje impungenge ku bikomeje kubera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, by’umwihariko mu nkengero z’Umujyi wa Goma.

Yasabye ko M23 yahagarika imirwano, hagasubukurwa ibiganiro by’amahoro vuba bishoboka, ndetse yizeza ko yiteguye gutanga ubufasha muri iyi nzira y’amahoro.
Samuel Mutungirehe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru