Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron cy’Ubufaransa, yahamagaye kuri telefoni Perezida Felix Tshisekedi na Perezida Paul Kagame kugira ngo baganire ku kibazo kiri kuzambya umutekano mu Burasirazuba bwa DRCongo.
Uyu Mutegetsi w’Ubufaransa ahamagaye bagenzi be nyuma yuko abonye ko ibihugu byombi bishobora kuba bigiye gucana umubano, cyane ko Leta ya Kinshasa yahamagaje Aba-Dipolomate bayo bari i Kigali igatanga n’amasaha 48 ku b’u Rwanda ngo bafunge ibikorwa byabo i Kinshasa.
Ibiro bya Perezidansi y’Ubufaransa bivuga ko ku wa Gatandatu tariki 25 Mutarama, 2025 Perezida Macron yavuganye kuri telefoni na Perezida Tshisekedi, na Perezifa Paul Kagame.
Gusa nta byinshi byatangajwe ku byo baba bemeje, cyakora itangazo rivuga ko Emmanuel Macron yagaragaje ko ahangayikishijwe n’uko ibintu bimeze ubu muri Kivu y’Amajyaruguru by’umwihariko mu nkengero z’umugi wa Goma.
Nubwo bimeze gutyo ariko Perezida Macron yagaragaje impungenge ku bikomeje kubera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, by’umwihariko mu nkengero z’Umujyi wa Goma.
Yasabye ko M23 yahagarika imirwano, hagasubukurwa ibiganiro by’amahoro vuba bishoboka, ndetse yizeza ko yiteguye gutanga ubufasha muri iyi nzira y’amahoro.
Samuel Mutungirehe


















